Nguwo umuvugo Kimenyi yandikiye Afandi Kagame ,igihe yabonaga Amacumu atangiye guculika ibigembe ,igicu kili mukirere cyurwanda ,na Gacaca ica ibintu ,intumbi zuzuye u rwanda urwango rusendereye ,muntango yubugome ,yo kunyereza Amahoro bahohotera intwali himikwa ibigwali ,batitaye kubuhima ,n,ubuhinza. Uko yavutse niko yabyirutse nikakamasa kazamara inka.
Nduwayezu.
Nguwo rero uwo muvugo.
URANCIRA IKI WOGACWA WE?
Ndabona ijuru rihindutse Ariko rikaba rizindutse Umuhindo utarahindukira Inkuba mu bicu zihinda Amahindu ahondagura amahundo Imvura inyagira ibibondo Abasaza begamiye ibibando Imbyeyi zikamwa umuhondo Ibyangiritse ari umurundo Isahinda rimaze kwihandagaza Imihanda idaheruka guharurwa Ibihandanzovu byarayitashye Nta n’impindu zo kwihandura Kwangiza ari byo biri kuri gahunda Bikaba biteye agahinda Kwifata ku gahanda ni byo bihanze
Ibicuro birancuragura Ibicurane birancunaguza Incakura zirancokoza Mu mpaka z’urudaca Z’amacakubiri adacogora N’ubucamanza bucuritse Igicaniro kigicanye Abangavu bagicunda Umuceri bakiwucucuma Agacuma kagicagase Nanjye ntaranacurura Agashinguracumu kagishakwa Urucanda rutaricura Igicuku kitaricuma
Abambari bambaye injamba Bajishwe n’ubujiji Injangwe ziryamiye amajanja Abajura baratujujubya Ntawe ugira aho ajurira Watakira abajuje bakijijisha Utabaha icyo bajundika bakajiginywa Ijuru ryijujuta rijejeta ibijojoba Mbere ko ijoro umwijima urigira ijigija Nawe urajabura ibijagata Ujomba utajonjora Ujugunya hejuru Ibijigo bijegajezwa n’umujinya Abafite injege wabajegeje
Igihugu gihaze amahugu Ibihangange iyo bimaze guhaga Ntibyihanganira guhangana n’abahanga Biharanira guhungabanya amahoro No guharabika abafite uruhara Abafite imihigo barahohoterwa Bahigiwe guhotorwa Abahanzi barahungira mu mahanga Ngo batahata agahanga Impuguke ziririnda kujya impaka Ngo zikunde zikire impagarara
Nasanze utsimbaraye ku kibindi Umutsima uwusomeza umutsama Ingoma ziriho zitsikimba Ibigega bitsindagiye Abashakashatsi ubarisha ibikatsi Batsibagurwa ubutitsa Ubonye mbigiriye amatsiko Kandi naranze kubyina intsinzi No kuba umumotsi Ngo nkure abantu mu bitotsi Ubonye ntawe umpatse Ubivanamo imbarutso Yo kumpunda ibitutsi No kundeba igitsure Unyotsa igitutu Umwotsi wurira igituza Nitsamuye ndatsikira Nigaruye ndatsitara Umutsi w’agatsinsino uratsibuka Abo nsabye kuhatsira no kuhatsirita Biha kuntera ibyatsi Ngo nanze gukura ubwatsi
Nzi ko ufite imbaraga Zo kurimbura imbaga Ndetse na ndembo Zo kuvuna imbavu Gukoresha imbunda Ubifiteho imbata Iyo wigize ibamba Benshi urababamba N’abatatse bagira bati bambe Ntubagirira imbabazi Abagutakambira urabarambiwe Ni yo mpamvu imirambi Irambitsemo imirambo Yahambwe ihambiriye Abasamba ntubashyirwe no mu misambi Urabona n’izo ndembe Zigendera ku mbago z’imbahu Zikihirika ziteye intambwe Zashaka gutambuka Zigatembagara mu kirambi Kubera gucumbagira zigasaba icumbi Zikagera ku irembo rirembereye Zikarambikwa mu gisambu Zigakubitwa nk’ibisambo Kubera kudashobora kwirambura Urumbeti ruhamagaye isamburuma
Ko benshi bamaze gupfa Ntiwapfa kwihangana Aya mapfa ukayapfapfanya Inzu ukayipfunda ibipfunsi Ukaramira impfubyi Ntupfushe ibintu ubusa Ngo ubuze abantu gukopfora Wangize abamaze kuyapfundura Rwose ntacyo dupfa Dufite n’icyo dupfana Unziza ko nanze gupfukama N’uko uyampfumbatisha Ngo mpfobye amarorerwa Napfundikirane ukuri Gira ubupfura Ukire ubupfu
Urancira iki wogacwa we Urancuza iki ntigeze ncumura Sincurura nicuye Wibwira ko ndi igicucu ntagira agaciro Tukureke ibiceri byacu ubicakire Maze ubitapfune duceceke Incuke zambare incocera Abana mu rwicundo ubacure inkumbi Ahubwo icara ducocemo abiri Ureke gucuza abacuruzi utwabo No gucira abakecuru mu maso Ubacagagura ubacancama Umuco wo gucurera uwucirire Ubucurabwenge bugucengere Maze uducunge nta macenga
Wigira ubwira reka nkubwire Ahari ubwana hamere ubwanwa Ugire ubwende bwo kugira ubwenge N´ubwiza bwo kugira ubwuzu Ubwonko buvemo ubwoba Tuza usubize umutima mu gituza Uturane neza abaturanyi baguture Ugire isura n’isuku usurwe
Nkuzi kuva ku muzi N’amazina y’abazimu bari ikuzimu Kirazira kukuzimurira Sinzi ko nabirota no mu nzozi Cyangwa mbiterwe n’inzoga Singira inzika n’inzigo Zirikana ko tuziranye Kandi ko nakuzanzamuye Inzara igiye kugutsinda ku nzira Urazimiriza iki iziko?
Niba ushaka ko baguhimba Abahanzi bakakuririmba Cyo rimba ureke kubyimba No kurimbura inararibonye Uzihimbira ko zidahumbya Kugaramba no guharamba Ngo n’imigambi yo kugambana Izo simbi ushaka gushyiraho isembwe Dusingiza tukanasimbiza Zinaniwe kurusimbuka Ntizigambiriye kugusimbura Zigeze ibyansi ku ruhimbi
Abantu banziho kuba indongozi Nirinda kwirondora sindi indondogozi Uwo mwanda abanyarwanda bamaze kuwandura Urarandaranda wabuze uwurandura Rubanda rurarindagira rurandata Ruragenda rurandaga Imirundi icura imirindi Mu gicuku cy’icuraburindi
Umutwe umwe si umuti Wowe imitwe myinshi urayitwama Abatazi gutwikurura no gutwerera Bakahasiga agatwe Witwaza ko bigutwara ubutware Tega amatwi Uhindure amatwara Gutwarisha igitugu si ubutwari
Kimenyi |